Iterambere ni ikinyoma cyo kubambura ibyanyu!

Ibi twita iterambere ni ikinyoma cyacuzwe na mpatsibihugu kugirango ahindure abirabura abacakara batiyizi akoresheje amashuri kuko ibyo twiga byagenywe nabo!

Nonese wansobanurira ute ukuntu abanyarwanda mbere yu mwaka wa 2005 bataratera ngw’imbere bari bamerewe neza kurusha mu mwaka wa 2023 bamaze gutera imbere? Nuko mu mwaka wa 2023 ukabona babandi bamerewe nabi cyane buzuye agahinda no guhangayika barimo kubyina ngo barakataje mw’iterambere kandi bo bakataje mu gukena?

Igitangaje rero babona amazu maremare bakabyina ngo amajyambere yaje. Ese ayo mazu maremare ko bose nta nimwe yabo irimo,ayo mazu ntarutwa n’imirima yabo y’ibishyimbo yari ihari bahingagamo bakeza bakabyina? Baba bishimira iki? Bagutware ibyawe bakugire n’ikigoryi cyo kubyina umaze kwamburwa? Iyo mvuga ko ibigoryi byeze ku isi nibi mba mvuga!

Ubwose mu myaka ijana imigi nibihugu byabo ntibazananirwa kubibamo nuko hakaza gutura abazungu bafite urwego rwo kuyibamo kubera bizaba bisaba ubukire?

Bivuze ko iterambere ari gahunda yo kwirukana abirabura hakagenda haza abazungu gahoro gahoro kuko imigi yacu tugenda tuyerekeza aho twe twiyambura ubushobozi bwo kuyibamo ahubwo tukubaka ibikenerwa byose ngo abazungu bazayiruremo nuko twarangiza tugashinyika ibyinyo bibi weeee nta n’isoni dufite!

Ugasanga amazu yacu yose arasenywe nka biriya bya Kangondo na Kibiraro,nuko bakahubaka imiturirwa maze abantu si ukwishima bagakora kubutaka bitegereza amajyambere maze si ukuturatira ibyo bagezeho bagasizora. Nta kintu kibabaza nko kwitegereza ikigoryi!

Nuko gahoro gahoro bose bose bakazasenyerwa abana babo bakazasigara barara ku kabaraza ka ya miturirwa kandi bishimiye ayo majyambere bagezeho.

Si ibyo gusa, amashuri arushaho guhenda bivuze ko babandi bagenda bikubira byose abana babo aribo baziga gusa. Amafaranga abakozi bahembwa agenda ata agaciro kuburyo ntacyo wayahahishamo. Ingo zigenda zisenyuka. Urwango rukarushaho kuvuza ubuhuha. Nuko kandi tugakomeza kuririmba ayo majyambere tugezeho. Mbega ububwa we!

Mbese byose bigenda biba bibi ariko nta mucakara uhagarara ngo yivumbure kandi igihugu kiba kirimo kugenda kibacika kijya mu maboko ya mpatsibihugu akigurishijweho na ba bacakara mwe mwita abayobozi ngo baminuje amashuri kandi yacuzwe n’abanzi babo agamije kutwiba igihugu nta sasu rivuze

Ibise hari aho bitaniye na kwa kundi ushyira igikeri mu mazi ugatereka kuziko nuko kigakunda agashyuhe kikibuka gusimbuka ya mazi arimo kubira bitagishobotse? Mu myaka 50 bikomeje gutya abana banyu bazaba ibyo bikeri. Mbese mubyara ibikeri nyine!

Impamvu tutabibona nuko batugize abacakara babo kandi umucakara akora ibimuteza inyuma yarangiza akishima cyane ngo yateye imbere.

Abo twita ngo ni abahanga bacu cyangwa ngo barajijutse bajyanwa kwigishwa kuba abacakara ba mpatsibihugu mu mashuri yashinzwe na mpatsibihugu kugirango bakandamizwe maze nabo bakandamize abari munsi yabo. Kuko ireme ry’uburezi rya Africa ryateganyijwe na mpatsibihugu bityo yatugeneye uburyo dutekerezamo. Ibi ndi kuvuga ntiwabisanga mw’ishuri kuko bitavuzwe n’umuzungu. Umuzungu se azaba abibabwirira iki? Ngaho nimujye kwiga ibitabo yanditse gusa kandi kurimwe birutwa nibyo mbandikira ahangaha ngo muba harya muri kunsuzugura? Ngaho nimushishikare!

Ikibazo gikomeye ariko nuko abajyanwa kwiga bakiyita abanyabwenge aribo badateze gupfa kuvumbura ko ari abacakara ndetse ngo bamenye ko aribo n’intandaro y’amaganya y’abavandimwe babo batize amashuri menshi! Mbese usekwa ko atize,umuseka niyo njiji kurusha uwo aseka!

Harya ngo nturi umucakara ra? Ndagushinyitse. Ahubwo uteye impuhwe kuko si ubucakara gusa uwavuga ko turi n’ibigoryi njye sinamurwanya ahubwo namwegera nkamushima nkamuvomaho ubwenge!

Iterambere ry’ukuri twagombye kugenda turushaho kubaho neza no gukira kandi birashoboka

Bibiliya yavuze ko abayisiraheri nibanga Imana bazasubizwa mubucakara. Muraje munyikarage imbere ngo ntimuri abayisiraheri. Mwabibwirwa nande se? Ariko isi ya none imivumo yagombaga gukurikirana abayisiraheri ifitwe n’abirabura gusa.

Soma IVUGURURAMATEGEKO 28 urabibona byose urasanga ari abirabura 💯
Abo wita abayisiraheri bafite iyo mivumo se? Ntibishe Yezu se bagatangira kwangara? Imivumo yabo irihe?

Deutronomy 28

Be the first to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published.


*